Umushinga wo gusaba inkunga

Waba wifuza gutegura umushinga wo gusaba inkunga? Mu Rwanda n’ahandi ku isi haba imiryango cyangwa inzego za Leta zitera inkunga imishinga inyuranye. Yaba imishinga y’urubyiruko, imishinga y’ibyiciro byihariye nk’abagore, abafite ubumunga n’abandi, ikunze kugira abayitera inkunga bikaba ngombwa ko batanga amatangazo bashaka imishinga batera inkunga.

Akenshi usanga abatanze ayo matangazo y’imishinga yo gutera inkunga bagaragaje iby’ibanze bigomba kuba biri mu mushinga. Ariko muri rusange hari ibintu by’ibanze bitagomba kubura mu mushinga wo gusaba inkunga uwo ari wo wose.

KANDA HANO TUGUFASHE GUTEGURA UMUSHINGA

Umushinga wo gusaba inkunga

Mu nyandiko y’uyu munsi tugiye kurebera hamwe ibintu by’ibanze bitagomba kubura mu mushinga wo gusaba inkunga.

1) Ibaruwa isaba inkunga

Mbere yo kugaragaza umushinga, ni ngobwa ko umushinga uherekezwa n’ibaruwa isaba inkunga. Ibaruwa uyandikira urwego ushaka gusabamo inkunga. Muri iyo baruwa ugomba kugaragaza mu ncamake impamvu ushaka gusaba inkunga, icyo iyo nkyunga uzayikoresha n’ingano y’inkunga usaba.

2) Incamake y’umushinga

Iki gice nicyo bakunda kwita mu cyongereza “Executive Summary”. Muri iki gice ugaragaza mu buryo bw’incamake icyo umushinga ugamije n’icyo uzakora. Ugaragaza kandi mu buryo bw’incamake wowe usaba inkunga uwo uri we, ibyo uteganya gukoresha inkunga n’akamaro bizagira kuri wowe no ku bandi.

3) Ibisobanuro ku muntu, umuryango cyangwa ikigo gisaba inkunga

Muri iki gice ugaragaza amakuru ajyanye n’ikigo cyawe cyangwa Urwego rusaba inkunga. Niba uri n’umuntu ku giti cyawe uvuga uwo uri we, ibyo wize, n’ibyo ukora. Iki nicyo gice kigaragaza nyiri gusab inkunga; ibyo akora, ibyo ashoboye kandi akabihuza n’impamvu shaka gusaba inkunga.

4) Gusobanura ikibazo gihari ushaka gukemura

Iki gice ni cyo bita mu cyongereza “Problem statement and need assessment”. Kiri mu bice bya ngombwa by’umushinga wo gusaba inkunga kandi kigomba kwitonderwa cyane. Muri iki gice ugaragaza ikibazo gihari umushinga usabira inkunga ushaka gukemura. Mu kugaraza icyo kibazo ukoresha amakuru yizewe nka za raporo n’amakuru yizewe yasohotse mu binyamakuru agaragaza koko ikibazo gihari. Muri iki gice kandi ugaragaza ko uwo mushinga ushaka gukora ukenewe cyane mu rwego rwo kugira ngo uzahabwe inkunga.

5) Intego z’umushinga

Iki nacyo ni igice cya  ngombwa cy’umushinga. Muri iki gice ugaragaza intego zihariye n’intego rusange z’umushinga. Ugaragaza kandi intego zo mu gihe gito n’intego z’igihe kirambuye umushinga wawe ushaka kugeraho.

6) Uko umushinga uzashyirwa mu bikorwa

Muri iki gice usobanura neza ibikorwa umushinga uzakora n’uko bizakorwa. Iki nacyo ni igice cy’ingenzi kuko kigaragaza mu buryo burambuye ibikorwa by’ingenzi umushinga wawe uzakora, uko bizakorwa, uzabikora n’igihe bizakorerwa. Muri iki gice kandi ugaragaza aho ibyo bikorwa bizakorerwa n’abazabigiramo uruhare. Iyo binashobotse ugaragaza ingengabihe ya buri gikorwa.

7) Ingengo y’imari y’umushinga

Iki nacyo kiri mu bice by’ingenzi by’umushinga. Umushinga wo gusaba inkunga ugomba kuba ugaragaza ingengo y’imari yawo. Mu ngengo y’imari ugaragaza ibizakenera amafaranga byose n’amafaranga buri gikorwa kizasaba, hanyuma ugakora igiteranyo. Mu ngengo y’imari ugaragaza kandi uko umushinga uzunguka n’uko uzagira akamaro mu buryo bwo kwinjiza amafaranga. Muri iki gice kandi ugaragaza aho ingengo y’imari izava n’uruhare rwa nyirumushinga.

Ibindi bice bya ngombwa bitangomba kubura mu mushinga wo gusaba inkunga ni uburyo uzakurikirana umushinga; akamaro umushinga uzagirira aho uzakorera, uburyo umushinga uzaguka n’uburyo uzaramba, n’ingaruka umushinga uzagira ku bidukikije.

Umushinga wo gusaba inkunga

KANDA HANO USOME ZINDI NYANDIKO BIJYANYE

SURA URUBUGA RWACU

WIFUZA KO TUGUFASHA GUTEGURA UMUSHINGA TWANDIKIRE:

EMAIL: imbere2050@gmail.com

TELEFONE: +250785115126

WEBSITE: www.imbere.rw

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Social media & sharing icons powered by UltimatelySocial
Facebook20