Uko wategura ingengo y’imari y’umushinga

Mu bice by’ingenzi bigize umushinga harimo igice cy’ingengo y’imari y’umushinga. Iki ni igice kigaragaza amafaranga azakenerwa mu bikorwa byose by’uwo mushinga. Iki gice kigaragaza kandi aho amafaranga azaturuka yaba ari inguzanyo, inkunga cyangwa uruhare rwa nyirumushinga.

Mu nyandiko y’uyu munsi tugiye kurebera hamwe iby’ingenzi bigize ingengo y’imari y’umushinga w’ubworozi bw’ingurube. Muri iyi nyandiko turareber hamwe imbogamizi ziboneka mu bworozi bw’ingurube, intego z’umushinga n’ingengo y’imari y’umushinga. Ibi ni bimwe mu bice bigize umushinga twahisemo kongera muri iyi nyandiko.

Imbogamizi ziri mu bworozi bw’ingurube

Kimwe n’indi mishinga, ubworozi bw’ingurube mu Rwanda buhura n’imbogamizi zikurikira:

– Kubura icyororo cyiza cy’ingurube,

– Ibiryo by’ingurube bihenze ku isoko;

– Indwara n’ibyorezo bishobora kwibasira ingurube;

– Urugero rukiri hasi mu bijyanye no kongereragaciro ibikomoka ku bworozi mu Rwanda;

-Ubumenyi buke ku bworozi bw’ingurube

Mu rwego rwo gukemura bimwe muri ibyo bibazo, umushinga wacu uzibanda ku korora ingurube mu buryo bwa kijyambere no gukoresha icyororo gitanga umusaruro. Hazibandwa kandi ku kugura no kwikorera ibiryo by’ingurube byujuje ubuzuranenge n’ibisabwa kugira ngo ingurube zikure neza. Hazabaho kandi kwihugura, guhugura abakozi no guhugura abandi bashaka korora ingurube mu rwego rwo kugabanya ikibazo cy’ubumenyi buke ku bworozi bw’ingurube.

Intego z’umushinga w’ubworozi bw’ingurube

A) Intego rusange:

Kwiteza imbere no guteza imbere abaturage binyuze mu bworozi bw’ingurube bukozwe mu buryo bwa kijyambere.

B) Intego zihariye:

-Korora no guteza imbere ubworozi bw’ingurube za kijyambere;

-Kwegereza abandi borozi cyororo (ibibwana) cy’ingurube

-Gucuruza no kugurisha ingurube zitanga inyama;

-Guteza imbere imibereho myiza n’imirire myiza, hifashishijwe inyama zikomoka kuri ubu bworozi bw’ingurube;

-Guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko;

-Iterambere ry’Igihugu muri rusange;

-Gutanga amahugurwa no kwigisha abandi borozi b’ingurube.

Urugero rw’ingengo y’imari y’umushinga w’ubworozi bw’ingurube

Muri iyi nyandiko twafashe urugro rw’umuntu ushaka gutangirira ku ngurube 30.

Imbonerahamwe zikurikira zigaragaza ibikenewe n’ingengo y’imari yabyo.

1. INYUBAKO/IBIRARO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Kubaka ibiraro by’ingurube 3 1,500,000 4,500,000
Kubaka inzu yo gukoreramo ibiryo 1 1,500,000 1,500,000
Ububiko (stock) 1 1,000,000 1,000,000
IGITERANYO (A)     7,000,000

2. IBIKORESHO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Uburiro (Ibyo kuriramo)   50 30,000 1,500,000
Ibigega by’amazi 2 500,000 1,000,000
Amajerakani 5 2,000 10,000
Ibikoresho by’isuku     120,000
IGITERANYO (B)     2,630,000

3. KUGURA IBIBWANA BY’INGURUBE

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Kugura ibibwana by’ingurube 30 50,000 1,500,000
Transport 1 100,000 200,000
IGITERANYO (C)     1,700,000

4. KUGABURIRA INGURUBE (MU GIHE CY’UMWAKA)

IBIKENEWE INGANO MU KWEZI IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO MU KWEZI (Frw) IGICIRO MU MEZI 6 (Frw)
Ibiryo by’ingurube mu mwaka (estimate) 400/Kg (estimate)   6,500,000
Amazi (100,000 L)       10     1,000,000
IGITERANYO (D)     9,800,000   7,500,000

5. IMITI N’INKINGO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Imiti (all included)     600,000
Inkingo (all included     500,000
IGITERANYO (E)     1,100,000

6. ABAKOZI

UMUKOZI UMUBARE UMUSHAHARA MU KWEZI UMUSHAHARA MU MWAKA
Veterinnaire 1 60,000 720,000
Abakozi ba buri munsi 2 30,000*3=60,000 720,000
Umuzamu 1 20,000 240,000
IGITERANYO (F)     1,680,000

IGITERANYO CY’AMAFARANGA UMUSHINGA UZASABA:

A+B+C+D+E+F= 57,370,000 Frw (Miliyoni mirongo itanu na zirindwi n’ibihumbi magana atatu na mirongo irindwi by’amafaranga y’u Rwanda).

AMAFARANGA UMUSHINGA UZAKENERA:

SN AMAFARANGA AKENEWE INGANO (Frw)
1 Amafaranga y’umushinga wose 57,370,000
2 Uruhare rwa nyirumushinga 4,500,000
3 Inguzanyo 52,870,000

Dutanga serivisi zo gutegura imishinga inyuranye. Niba wifuza ko tugufasha gutegura umushinga, Twandikire cyangwa uduhamagare:

Telefone: +250785115126

Email: imbere2050@gmail.com

Website: www.imbere.rw

SOMA IZINDI NYANDIKO ZIRI KU RUBUGA RWACU

SABA GUTEGURA UMUSHINGA

Mu bice by’ingenzi bigize umushinga harimo igice cy’ingengo y’imari y’umushinga. Iki ni igice kigaragaza amafaranga azakenerwa mu bikorwa byose by’uwo mushinga. Iki gice kigaragaza kandi aho amafaranga azaturuka yaba ari inguzanyo, inkunga cyangwa uruhare rwa nyirumushinga.

Mu nyandiko y’uyu munsi tugiye kurebera hamwe iby’ingenzi bigize ingengo y’imari y’umushinga w’ubworozi bw’ingurube. Muri iyi nyandiko turareber hamwe imbogamizi ziboneka mu bworozi bw’ingurube, intego z’umushinga n’ingengo y’imari y’umushinga. Ibi ni bimwe mu bice bigize umushinga twahisemo kongera muri iyi nyandiko.

Imbogamizi ziri mu bworozi bw’ingurube

Kimwe n’indi mishinga, ubworozi bw’ingurube mu Rwanda buhura n’imbogamizi zikurikira:

– Kubura icyororo cyiza cy’ingurube,

– Ibiryo by’ingurube bihenze ku isoko;

– Indwara n’ibyorezo bishobora kwibasira ingurube;

– Urugero rukiri hasi mu bijyanye no kongereragaciro ibikomoka ku bworozi mu Rwanda;

-Ubumenyi buke ku bworozi bw’ingurube

Mu rwego rwo gukemura bimwe muri ibyo bibazo, umushinga wacu uzibanda ku korora ingurube mu buryo bwa kijyambere no gukoresha icyororo gitanga umusaruro. Hazibandwa kandi ku kugura no kwikorera ibiryo by’ingurube byujuje ubuzuranenge n’ibisabwa kugira ngo ingurube zikure neza. Hazabaho kandi kwihugura, guhugura abakozi no guhugura abandi bashaka korora ingurube mu rwego rwo kugabanya ikibazo cy’ubumenyi buke ku bworozi bw’ingurube.

Intego z’umushinga w’ubworozi bw’ingurube

A) Intego rusange:

Kwiteza imbere no guteza imbere abaturage binyuze mu bworozi bw’ingurube bukozwe mu buryo bwa kijyambere.

B) Intego zihariye:

-Korora no guteza imbere ubworozi bw’ingurube za kijyambere;

-Kwegereza abandi borozi cyororo (ibibwana) cy’ingurube

-Gucuruza no kugurisha ingurube zitanga inyama;

-Guteza imbere imibereho myiza n’imirire myiza, hifashishijwe inyama zikomoka kuri ubu bworozi bw’ingurube;

-Guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko;

-Iterambere ry’Igihugu muri rusange;

-Gutanga amahugurwa no kwigisha abandi borozi b’ingurube.

Urugero rw’ingengo y’imari y’umushinga w’ubworozi bw’ingurube

Muri iyi nyandiko twafashe urugero rw’umuntu ushaka gutangirira ku ngurube 30.

Imbonerahamwe zikurikira zigaragaza ibikenewe n’ingengo y’imari yabyo.

1. INYUBAKO/IBIRARO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Kubaka ibiraro by’ingurube 3 1,500,000 4,500,000
Kubaka inzu yo gukoreramo ibiryo 1 1,500,000 1,500,000
Ububiko (stock) 1 1,000,000 1,000,000
IGITERANYO (A)     7,000,000

2. IBIKORESHO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Uburiro (Ibyo kuriramo)   50 30,000 1,500,000
Ibigega by’amazi 2 500,000 1,000,000
Amajerakani 5 2,000 10,000
Ibikoresho by’isuku     120,000
IGITERANYO (B)     2,630,000

3. KUGURA IBIBWANA BY’INGURUBE

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Kugura ibibwana by’ingurube 30 50,000 1,500,000
Transport 1 100,000 200,000
IGITERANYO (C)     1,700,000

4. KUGABURIRA INGURUBE (MU GIHE CY’UMWAKA)

IBIKENEWE INGANO MU KWEZI IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO MU KWEZI (Frw) IGICIRO MU MEZI 6 (Frw)
Ibiryo by’ingurube mu mwaka (estimate) 400/Kg (estimate)   6,500,000
Amazi (100,000 L)       10     1,000,000
IGITERANYO (D)     9,800,000   7,500,000

5. IMITI N’INKINGO

IBIKENEWE INGANO IGICIRO CYA KIMWE (Frw) IGICIRO CYOSE (Frw)
Imiti (all included)     600,000
Inkingo (all included     500,000
IGITERANYO (E)     1,100,000

6. ABAKOZI

UMUKOZI UMUBARE UMUSHAHARA MU KWEZI UMUSHAHARA MU MWAKA
Veterinnaire 1 60,000 720,000
Abakozi ba buri munsi 2 30,000*3=60,000 720,000
Umuzamu 1 20,000 240,000
IGITERANYO (F)     1,680,000

IGITERANYO CY’AMAFARANGA UMUSHINGA UZASABA:

A+B+C+D+E+F= 57,370,000 Frw (Miliyoni mirongo itanu na zirindwi n’ibihumbi magana atatu na mirongo irindwi by’amafaranga y’u Rwanda).

AMAFARANGA UMUSHINGA UZAKENERA:

SN AMAFARANGA AKENEWE INGANO (Frw)
1 Amafaranga y’umushinga wose 57,370,000
2 Uruhare rwa nyirumushinga 4,500,000
3 Inguzanyo 52,870,000

Dutanga serivisi zo gutegura imishinga inyuranye. Niba wifuza ko tugufasha gutegura umushinga, Twandikire cyangwa uduhamagare:

Telefone: +250785115126

Email: imbere2020@gmail.com

Website: www.imbere.rw

SOMA IZINDI NYANDIKO ZIRI KU RUBUGA RWACU

SABA GUTEGURA UMUSHINGA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Social media & sharing icons powered by UltimatelySocial
Facebook20